Ibyo mwasabye biri gukorwa...๐๐ฝ
Reba amashusho y'inyigisho z'ijambo ry'Imana

Muri iki cyigisho turigiramo umumaro w'Ibyanditswe byera (Bibiliya). Hari abantu baenshi batemera ukuri Bibiliya yigisha, nyamara iki gitabo cya kera gikwiriye hose kibitse amabanga akomeye areba inyokomuntu yose. Ii gitabo cyagaragaye ko gikomeye kandi gishoboye guhangana n'ibitero byose, kandi birumvikana ko igifite imbaraga atari izi mpapuro zikigize ahubwo ni nyiri Jambo rikirimo. Mureke tucyige dufite umutima wo kwemera kuyoborwa nacyo

Kuko Imana itatumye umwana wayo gucira abari mu isi ho iteka ahubwo yabikoreye kugirango abari mu isi bose bakizwe nawe. Nta bundi bwoko bw'ubuyoboke bufite umukiza uretse ubukristo. Umukristo ashobora kwirata ko afite Imana ibabarira ibyaha kandi igatanga imbaraga yo kubinesha ndtse ikaba izagororera ubugingo buhoraho abayubaha bose.

Abantu benshi mu isi biyumvamo ko bahamagawe n'Imana, nyamara wareba imibereho babayeho ukibaza niba bazirikana umuhamagaro wabo koko. Ese guhamagarwa n'Imana birahagije ngo biguheshe kuzaragwa ubwami bw'Imana? Ibyo nibyo tuza kuba turi kuganira muri iki cyigisho turebera hamwe icyo Bibiliya ibivugaho.

Buri wese muri twe ahura n'intambara, Yobu yavuze ko turi mu isi dufashe igihe mu ntambara, ese wari uzi ko intambara duhura nazo zifite uruhare mu kugaragaza uwo twiyeguriye hagati ya Kristo na Satani. Ku bu8baha Imana intambara zose bacamo bazifata nk'ibitero by'umwanzi biba bigendereye guhungabanya kwizera kwabo, bityo rero birakwiriye ko tumenya uburyo twitwara muri izo ntambara. Ibyo nibyo tuza kuba turi kuganira muri iki cyigisho turebera hamwe icyo Bibiliya ibivugaho.

Ese Yesu uzi gute? Ese hari ubwo yaba yarahinduye ubuzima bwawe? Bibiliya ihinduka igitabo cy'inkuru gusa iyo tudasobanukiwe n'ingingo nyamukuru iyivugwamo ariyo nkuru yo gucungurwa kwa muntu bikozwe n'Imana muri Kristo Yesu. Muri iki kicyisho turaganira ku mibereho ya Yesu, turebere hamwe uburyo ibyo yakoze byatugejeje ku mugisha wo kuzabona ubugingo buhoraho.

Ese Yesu uzi gute? Ese hari ubwo yaba yarahinduye ubuzima bwawe? Bibiliya ihinduka igitabo cy'inkuru gusa iyo tudasobanukiwe n'ingingo nyamukuru iyivugwamo ariyo nkuru yo gucungurwa kwa muntu bikozwe n'Imana muri Kristo Yesu. Muri iki kicyisho turaganira ku murimo wa Yesu wo gucungura umuntu, turebere hamwe uburyo ki njye nawe twahawe amahirwe yo kwitwa abana b'Imana kandi tutari tubikwiriye.

Yesu yasobanuye iby'ubwami bwo mu ijuru akoresheje imigani, mu kuri hari ibyo abantu batekereza kuri ubwo bwami bw'agatangaza, ariko ntitwakwirengagiza ko hari nabatabwemera. Mu migani Yesu yaciye avuga iby'ubwo bwami natoranyijemo mike ngo tuyiganireho kugirango twige imitererere y'ubwami bwa Kristo. Muri iki cyigisho urigiramo umugani w'amasaka n'urukungu ndetse n'urushundura.

Yesu yasobanuye iby'ubwami bwo mu ijuru akoresheje imigani, mu kuri hari ibyo abantu batekereza kuri ubwo bwami bw'agatangaza, ariko ntitwakwirengagiza ko hari nabatabwemera. Mu migani Yesu yaciye avuga iby'ubwo bwami natoranyijemo mike ngo tuyiganireho kugirango twige imitererere y'ubwami bwa Kristo. Muri iki cyigisho urigiramo umugani w'ubutunzi buhishwe, imaragarita y'igiciro cyinshi n'abakobwa cumi.

Ijuru ni ahantu heza, nibwo buturo bw'abakiranutsi, Yesu aza mu isi yari aje guteguriza abantu kujya muri ubwo bwami, amagambo ye akenshi yabaga yiganjemo gusaba abantu kuzuza ibisabwa kugirango bagere ku kigero gikwiriye cy'abagabo n'abagore bakwiriye kuba mu ijuru. Muri iki cyigisho tugiye kwiga amagambo aradufasha kumenya icyo gisabwa.

Kwiga ubuhanuzi bwa Bibiliya ni ikintu Yesu yasabye abantu be mu Byahishuwe 1:1-3, nyamara abantu benshi ntabwo amakuru ari mu gitabo cya Daniyeli n'ibyahishuwe bayitayeho. Yesu yadutegetse kubyitaho kuko igihe ari kigufi, kandi ibyo bitabo birimo amakuru atumenyesha ibizaba ku isi ubwo Kristo azaba agiye kugaruka bityo bidufasha kubaho twiteguye kugirango tutazatembanwa n'ubuyobe bwa Satani bwo mu minsi ya nyuma. Kuri uyu murongo tuzacishaho ibyigisho byinshi byibanda kuri izo ngingo zingenzi ziboneka muri ibyo bitabo.

Nuko rero mwami Nyagasani umutwe w'izahabu ni wowe! Tekereza uko nebukadinezari yatekereje ubwo yabwirwaga ko ku gishushanyo kigaragaza uko ubwami buzakurikirana ariwe ubanza, ese wari uziko yibwiraga ko nta bundi bwami buzabaho nyuma ye? Nyamara ihishura ibihishwe yamumenyesheje ko hazabaho ubundi bwami butatu ubundi Yesu akagaruka.

Daniyeli yabonye inyamaswa enye zidasangiye ubwoko zihubukira mu nyanja nini, ibyo byari bishatse kuvuga iki? Ese wari uzi ko inyamaswa isobanuye ubwami muri Bibiliya? Ubu bwami bune Daniyeli yabonye ni bumwe nubwo Nebukadinezari yeretswe mu nzozi. Ibyo nibyo tugiye kwitaho muri iki cyigisho.