Gereranya Bibiliya

Ezekiyeli 20

Kinyarwanda
1Nuko mu mwaka wa karindwi mu kwezi kwa gatanu, ku munsi wa cumi w’uko kwezi, bamwe bo mu bakuru ba Isirayeli baje guhanuza Uwiteka, bicara imbere yanjye.
2Maze ijambo ry’Uwiteka rinzaho riti
3“Mwana w’umuntu, vugana n’abakuru ba Isirayeli ubabwire uti ‘Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Mbese mwazanywe no kumpanuza? Ndirahiye ko ntazahanuzwa namwe.’ Ni ko Umwami Uwiteka avuga.
4“Mbese uzabacira urubanza mwana w’umuntu, mbese uzabacira urubanza? Ubamenyeshe ibizira bya ba se
5ubabwire uti ‘Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Ku munsi natoyemo Isirayeli nkarahira urubyaro rw’inzu ya Yakobo, kandi nkabiyerekera mu gihugu cya Egiputa, igihe mbarahiye nti “Ndi Uwiteka Imana yanyu”,
6uwo munsi ni wo nabarahiriyeho ko nzabavana mu gihugu cya Egiputa, nkabajyana mu gihugu nari nabashakiye, igihugu cy’amata n’ubuki, kandi ari cyo gishimwa n’ibindi bihugu byose kuko ari cyo ngenzi.
7Nuko mperako ndababwira nti “Umuntu wese ate kure ibizira yahozagaho amaso, kandi mwe kwiyandurisha ibigirwamana byo muri Egiputa. Ni jye Uwiteka Imana yanyu.”
8Ariko barangomeye banga kunyumvira. Bose ntibata kure ibizira bahozagaho amaso, kandi ntibareka n’ibigirwamana byo muri Egiputa. Ni ko kuvuga ngo nzabasukaho uburakari bwanjye, nkabamariraho umujinya wanjye bari mu gihugu cya Egiputa.
9Ariko nagiriye izina ryanjye, kugira ngo ridasuzugurwa imbere y’abanyamahanga bari barimo, ari yo nabiyerekaniraga imbere, igihe nabakuraga mu gihugu cya Egiputa.
10“‘Nuko mbavana mu gihugu cya Egiputa mbajyana mu butayu.
11Maze mbaha amategeko yanjye mbamenyesha n’amateka yanjye, ari yo abeshaho uyakomeje.
12Maze kandi mbaha n’amasabato yanjye ngo abe ikimenyetso hagati yanjye na bo, kugira ngo bamenye yuko ari jye Uwiteka ubeza.
13Ariko ab’inzu ya Isirayeli barangomeye bari mu butayu, ntibagendera mu mategeko yanjye kandi banze n’amateka yanjye, ari yo abeshaho uyakomeje, n’amasabato yanjye barayaziruye cyane. Ni ko kuvuga yuko nzabasukaho uburakari bwanjye bari mu butayu kugira ngo mbarimbure.
15Kandi nabarahiriye mu butayu, yuko ntazabageza mu gihugu nabahaye cy’amata n’ubuki, ari cyo gishimwa n’ibindi bihugu byose, yuko ari cyo ngenzi,
16kuko banze amateka yanjye ntibagendere mu mategeko yanjye, n’amasabato yanjye bakayazirura, ahubwo imitima yabo yakurikiye ibigirwamana byabo.
17“ ‘Ariko ijisho ryanjye ryarabagiriye sinabarimbura, kandi sinabatsembaho rwose, igihe bari mu butayu.
18Nabwiriye abana babo mu butayu nti: Ntimukagendere mu mategeko ya ba so kandi ntimugakomeze amateka yabo, cyangwa ngo mwiyandurishe ibigirwamana byabo.
19Ndi Uwiteka Imana yanyu, mujye mugendera mu mategeko yanjye, mukomeze amateka yanjye kandi muyakurikize,
20kandi mujye mweza amasabato yanjye abe ikimenyetso hagati yanjye namwe, kugira ngo mumenye yuko ndi Uwiteka Imana yanyu.
21“‘Ariko abana babo na bo barangomeye ntibagendera mu mategeko yanjye, n’amateka yanjye ntibayakomeza ngo bayakurikize kandi ari yo abeshaho uyakomeje, n’amasabato yanjye barayaziruye. Maze mvuga yuko nzabasukaho uburakari bwanjye, nkabamariraho umujinya wanjye bari mu butayu.
22Ariko nageruye ukuboko kwanjye ngirira izina ryanjye, kugira ngo ridasuzugurirwa imbere y’abanyamahanga, abo nabakuye imbere.
23Nongeye kubarahirira mu butayu yuko nzabatataniriza mu mahanga, nkabateragana mu bihugu
24kuko batakomeje amateka yanjye, ahubwo amategeko yanjye barayanze bazirura n’amasabato yanjye, kandi amaso yabo akurikirana ibigirwamana bya ba se.
25“ ‘Nuko mbaha amategeko atababonereye n’amateka atababeshaho,
26kandi mbandurisha amaturo yabo, kuko bacishije impfura zabo zose mu muriro, kugira ngo mbahindure ingegera babone kumenya yuko ari jye Uwiteka.’
27“Nuko rero mwana w’umuntu, uvugane n’ab’inzu ya Isirayeli, ubabwire uti ‘Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Ba so barantutse ubwo bancumuyeho.
28Kuko maze kubageza mu gihugu, icyo narahiriye kubaha, babonye umusozi muremure wose n’igiti gitoshye cyose, baherako bahatambirira ibitambo byabo kandi baba ari ho baturira ituro ryabo rindakaza, bahosereza n’imibavu yabo kandi bahasukira n’amaturo yabo y’ibyokunywa.
29Maze ndababaza nti: Impamvu z’izo ngoro mujyamo ni iki? Ni cyo cyatumye izina ryazo ryitwa Bama kugeza n’ubu.’
30“Nuko rero ubwire ab’inzu ya Isirayeli uti ‘Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo mbese muriyanduza nk’uko ba so bagenje, mugasambana mukurikije ibizira byabo?
31Kuko iyo mutura amaturo yanyu mucisha n’abahungu banyu mu muriro, muba mwiyandurisha ibigirwamana byanyu byose kugeza na n’ubu. Mbese nahanuzwa namwe, mwa b’inzu ya Isirayeli mwe? Ndirahiye yuko ntazahanuzwa namwe. Ni ko Umwami Uwiteka avuga.
32Kandi mu byo mwibwira nta na kimwe kizaba, ubwo muvuga muti “Tuzamera nk’abanyamahanga, tube nk’imiryango yo mu bindi bihugu, dukorere ibishushanyo bibajwe mu biti no mu mabuye.”
33Umwami Uwiteka aravuga ngo: Ndirahiye ko ngiye kubabera umwami mbategekesheje amaboko akomeye kandi arambuye, n’uburakari busesuye.
34Kandi nzabakura mu mahanga, mbateranirize hamwe mbakuze mu bihugu mwatataniyemo n’amaboko akomeye kandi arambuye, n’uburakari busesuye.
35Nzabajyana mu butayu bw’abanyamahanga, ari ho nzababuranyiriza duhanganye amaso.
36Nk’uko naburanije ba sogokuruza banyu mu butayu bwo mu gihugu cya Egiputa, ni ko nzababuranya. Byavuzwe n’Umwami Uwiteka.
37“ ‘Kandi nzabacisha munsi y’inkoni yanjye, maze mbazane mu ndahiro y’isezerano,
38ariko nzabakuramo abagome n’abancumuyeho mbakure mu gihugu batuyemo, kandi ntibazinjira mu gihugu cya Isirayeli. Namwe muzamenya yuko ndi Uwiteka.
39“ ‘Yemwe ab’inzu ya Isirayeli mwe, uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Nimugende, umuntu wese akorere ibigirwamana bye, ariko hanyuma muzanyumvira, kandi izina ryanjye ryera ntabwo muzongera kuryandurisha amaturo yanyu n’ibigirwamana byanyu.
40Umwami Uwiteka aravuga ngo: Ku musozi wanjye wera, ku musozi w’impinga ya Isirayeli, ni ho ab’inzu ya Isirayeli bose n’abari mu gihugu bose bazankorera. Aho ni ho nzabakirira neza, kandi ni ho nzabakira amaturo, n’umuganura w’amaturo yanyu hamwe n’ibintu byanyu byera byose.
41Nzabakira nk’ibihumura neza ubwo nzabakura mu banyamahanga, nkabakoranya mbavanye mu bihugu mwatataniyemo, kandi nziyerekanira muri mwe imbere y’abanyamahanga ko ndi Uwera.
42Namwe muzamenya yuko ndi Uwiteka, igihe nzabajyana mu gihugu cya Isirayeli, mu gihugu narahiriye guha ba sogokuruza.
43Aho ni ho muzibukira inzira zanyu n’imirimo yanyu yose, iyo mwiyandurishije, kandi muzizinukwa ku bw’ibibi byose mwakoze.
44Kandi muzamenya yuko ndi Uwiteka nimara kubagenza ntyo ngirira izina ryanjye, kuko ntakurikije ingeso zanyu mbi, cyangwa imirimo yanyu yahumanye, mwa b’inzu ya Isirayeli mwe. Byavuzwe n’Umwami Uwiteka.’ ”
Loading...