Yesaya 65
Kinyarwanda1“Nabaririjwe n’abatanyitagaho, nabonywe n’abatanshatse. Mbwira ishyanga rititiriwe izina ryanjye nti ‘Nimundebe, nimundebe.’
2
Ariko ubwoko bw’abagome nabutegeraga amaboko umunsi ukira, bagendanaga ingeso mbi bakurikiza ibyo bibwira ubwabo.
3
Ni abantu bakorera ibindakaza imbere yanjye hato na hato, bagatambira ibitambo mu masambu yabo, bakosereza imibavu ku bicaniro byubakishijwe amatafari.
4Bakicara mu bituro bakarara ahantu hihishe, bakarya inyama z’ingurube, kandi mu nzabya zabo hakabamo umufa w’inyama z’ibizira,
5
bakavuga bati ‘Hagarara ukwawe winyegera, kuko nkurusha gukiranuka.’ Abo bambera umwotsi wo mu mazuru n’umuriro waka ukiriza umunsi.
6
“Dore ibyo biranditswe imbere yanjye sinzabyihorera, ahubwo nzabyitura, ni koko nzabibitura bigere ku mitima yabo.
7 Gukiranirwa kwanyu ubwanyu, n’ukwa ba sogokuruza wanyu nzakubiturira hamwe.” Ni ko Uwiteka avuga. “Boserezaga imibavu ku misozi bakantukishiriza ku dusozi. Ni cyo gituma nzabitura ibikwiriye ibyo bakoze bikagera mu mitima yabo.”
8Uwiteka aravuga ati “Nk’uko iseri ry’inzabibu rivamo umutobe bakavuga bati ‘Ntuwurimbure kuko ugifite umumaro’, ni ko nzagirira abagaragu banjye ne kubarimbura bose.
11“Ariko mwebwe abimūye Uwiteka mukibagirwa umusozi wanjye wera, mugatereka Gadi intango mukanywera Meni vino y’inkangaza,
12nzabategekera inkota namwe mwese muzacira bugufi kwicwa, kuko ubwo nabahamagaraga mutitabye, kandi ubwo nababwiraga ntimwumviye, ahubwo mugakora ibyo nanze mugahitamo ibitanezeza.”
13Ni cyo gituma Umwami Imana ivuga iti “Dore abagaragu banjye bazarya naho mwebwe muzicwa n’inzara, abagaragu banjye bazanywa naho mwebwe muzicwa n’inyota, abagaragu banjye bazanezerwa naho mwebwe muzakorwa n’isoni.
14Dore abagaragu banjye bazaririmbishwa n’umunezero wo mu mitima naho mwebwe muzarizwa n’agahinda ko mu mutima, muborozwe n’imitima ibabaye.
15Kandi izina ryanyu muzarisigira abatoni banjye ribe incyuro, Umwami Imana izabica, abagaragu bayo izabita irindi zina.
16Maze uwo mu isi ushaka umugisha azawusaba Imana y’ukuri, n’uwo mu isi urahira azarahira Imana y’ukuri, kuko imibabaro ya kera yibagiranye, igahishwa amaso yanjye.
17
“Dore ndarema ijuru rishya n’isi nshya, ibya kera ntibizibukwa kandi ntibizatekerezwa.
18Ahubwo nimunezerwe mujye mwishimira ibyo ndema, kuko ndema i Yerusalemu ngo mpagire ibyishimo, nkarema abantu baho bakaba umunezero.
19Nzanezererwa i Yerusalemu nishimire abantu banjye, kandi ijwi ryo kurira n’imiborogo ntibizahumvikana ukundi.
20Ntihazongera kubamo umwana umaze iminsi mike, cyangwa umusaza udashyikije imyaka ye, kuko umwana azapfa amaze imyaka ijana, ariko umunyabyaha azavumwa, apfe atamaze imyaka ijana.
21Bazubaka amazu bayabemo, kandi bazatera inzabibu barye imbuto zazo.
23Ntibazaruhira ubusa kandi ntibazabyara abana bo kubona amakuba, kuko bazaba ari urubyaro rw’abahawe umugisha n’Uwiteka, hamwe n’abazabakomokaho.
24Maze ubwo bazaba batarantabaza nzabatabara, kandi bakivuga nzumva.
25Isega n’umwana w’intama bizarishanya, intare zizarisha ubwatsi nk’inka, umukungugu ni wo uzaba ibyokurya by’inzoka. Ntibizaryana kandi ntibizarimbura hose ku musozi wanjye wera.” Ni ko Uwiteka avuga.
Loading...