Gushakisha kudashira kw’abantu bashaka kubaho by’ iteka.
Mu mateka yose, ikiremwamuntu cyatwawe n'icyifuzo cyo kubaho by'iteka. Umwami w'abami wa mbere w'u Bushinwa, Qin Shi Huang, yohereje ingabo ze zose gushaka "umuti w'ubuzima" bw'impimbano mu mwaka wa 250 mbere ya Yesu, nyamara mu buryo bubabaje apfa afite imyaka 49 gusa, bivugwa ko yishwe n'uburozi bwa merikire (mercury) nyuma yo kunywa umuti wari ugamije kongera igihe cye cyo kubaho. Alexanderi Mukuru yashatse uruzi rukiza rwo muri paradizo. Umuvumbuzi w'Umunyesipanyoli Juan Ponce de León yakoze urugendo rwo mu mazi ashaka “Isoko y'Ubusore” ivugwa mu migani. Muri iki gihe, abahanga bakora ubushakashatsi ku ngirabuzimafatizo (stem cells) n'ihindurwa ry'imiterere y'ingirabuzima (genetic engineering) mu rwego rwo kwizera ko bagabanya, cyangwa bagakuraho burundu gusaza.
Uku gushakisha kose kwerekana ukuri kumwe kureba bose: “twaremwe mu buryo twanga urupfu”. Ariko se byagenda bite niba igisubizo nyakuri kitari mu ishyamba, muri laboratwari, cyangwa mu gikombe cy'uruvange rw’ibinyabutabire byiringirwa ko byafasha ahubwo kiri mu mapaji ya Bibiliya? Yesu ubwe yarasezeranyije ati: "Ariko unywa amazi nzamuha ntazagira inyota iteka ryose, ahubwo amazi nzamuha azamuhindukamo isoko y'amazi adudubiza kugeza mu bugingo buhoraho." — Yohana 4:14Â
Kandi Bibiliya isozwa n'ubutumire bufunguye kandi butangaje: "Umwuka n'Umugeni baravuga bati 'Ngwino.' Kandi uwumva navuge ati 'Ngwino.' Kandi ufite inyota naze, ushaka ajyane amazi y'ubugingo ku buntu." — Ibyahishuwe 22:17.Â
Ubuzima bw'iteka buriho, kandi butangwa ku buntu. Dore intambwe eshanu zabukugezaho.
Intambwe ya 1: Menya Ikibazo, Icyaha n'UrupfuÂ
Mbere y'uko uhabwa umuti, ugomba kubanza kwemera indwara. Urupfu, indwara, iterabwoba, n'ububabare ntabwo byigeze biba mu mugambi w'Imana katanga ka mbere. Bibiliya yigisha ko intambara y'iby’umwuka hagati y'icyiza n'ikibi yatangiye kuva marayika w'umunyambaraga witwaga Lusiferi (ubu uzwi nka Satani) yatangiza ukwigomeka ku Mana, hanyuma agashuka abantu ba mbere, akazana icyaha mu isi. Ingaruka y'icyaha ni ugutandukanywa n'isoko y'ubuzima bwose. Nk'uko Intumwa Pawulo yabyanditse: "Kuko bose bakoze ibyaha, ntibashyikira ubwiza bw'Imana." -Abaroma 3:23Â
Kandi umuhanuzi Yesaya yaravuze ati: "Twese twayobye nk’intama zizimiye, twese twabaye intatane, Uwiteka amushyiraho gukiranirwa kwacu twese." -Yesaya 53:6Â
Bibiliya irasobanutse: igihano cyo kwica amategeko y'Imana ni urupfu (). Kwemera ko uri umunyabyaha ukeneye Umukiza ni intambwe ya mbere y'ingenzi; atari ukugira ngo ukorwe n’isoni, ahubwo ni ukugira ngo witegure kwakira impano y'Imana ihebuje.
Intambwe ya 2: Izere ko Ushobora GukizwaÂ
Inkuru nziza (Ubutumwa Bwiza) ni uko agakiza kadashoboka gusa, ahubwo kanasezeranyijwe. Igihe umurinzi w'inzu y'imbohe w'Umuroma yabazaga Intumwa Pawulo yihebye ati: "Nkwiriye gukora nte ngo nkizwe?", igisubizo cyari cyoroshye kandi ari cyiza: "Izere Umwami Yesu, urakizwa." -Ibyakozwe n'Intumwa 16:31Â
Kwizera Kristo bisobanura kumwizera umuha ubuzima bwawe, kwemera ko We, bitandukanye n'undi wese muri twe, yabayeho mu buzima butunganye, butagira icyaha kandi akemera gupfa mu cyimbo cyawe. Yafashe amateka yawe y'ibyaha maze aguha gukiranuka kwe gutunganye mu kigwi cyayo. Uku ni ko kugurana gukomeye k'Ubutumwa Bwiza. "Uwizera uwo Mwana aba abonye ubugingo buhoraho." -Yohana 3:36. Ntabwo ukeneye gukorera agakiza. Ntabwo ukeneye kubanza kuba intungane. Ukeneye gusa kwizera ko ibyo Yesu yakoze ku musaraba bihagije, kuko niko kuri.
Intambwe ya 3: Atura kandi Wihane Ibyaha ByaweÂ
Kwizera kugomba kujyana no kwatura kutaryarya ndetse no kwihana by'ukuri. Bibiliya ibivuga idaca ku ruhande muri ubu buryo: "Uhisha ibicumuro bye ntazagubwa neza, ariko ubyatura akabireka azababarirwa." -Imigani 28:13. Yesu ubwe yatanze umuburo ati: "ahubwo namwe nimutihana muzarimbuka mutyo mwese." -Luka 13:3 Kwihana si ukwicuza icyaha gusa, ahubwo ni ugufata icyemezo kidakuka cyo kureka imibereho yikururira kurimbuka maze ugahindukirira Imana. Bisobanura gusaba Imana guhindura umutima wawe, imitekerereze yawe, n'ingeso zawe.Â
Umuhanuzi Yesaya abivuga neza ati: "Umunyabyaha nareke ingeso ze, ukiranirwa areke ibyo yibwira agarukire Uwiteka na we aramugirira ibambe, agarukire Imana yacu kuko izamubabarira rwose pe." -Yesaya 55:7. Ntabwo ukeneye kwibuka buri cyaha cyose wigeze gukora. Gusa, egera Imana wicishije bugufi mu izina rya Yesu maze wature ko wishe amategeko yayo. Isezerano ryayo rirakomeye: "Ariko nitwatura ibyaha byacu, ni yo yo kwizerwa kandi ikiranukira kutubabarira ibyaha byacu no kutwezaho gukiranirwa kose." - 1 Yohana 1:9
Intambwe ya 4: Akira Yesu nk'Umukiza Wawe BwiteÂ
Kumenya ibyerekeye Yesu si kimwe no kumwakira. Iyi ntambwe ireba cyane umuntu ku giti cye; isaba gufata icyemezo kigaragara cyo gukingurira Kristo umuryango w'umutima wawe. Yesu ubwe yabisabye muri ubu buryo: "Dore mpagaze ku rugi ndakomanga. Umuntu niyumva ijwi ryanjye agakingura urugi, nzinjira iwe dusangire." - Ibyahishuwe 3:20. Wakira Kristo binyuze mu gusenga no kumutumira mu buzima bwawe ubikuye ku mutima. Uru ni urukundo rw'Imana rugaragara: "Kuko Imana yakunze abari mu isi cyane, byatumye itanga Umwana wayo w'ikinege kugira ngo umwizera wese atarimbuka, ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho." -Yohana 3:16.Â
Kwakira Kristo kandi bisobanura kwizera ubuyobozi bwe mu buzima bwawe bwa buri munsi; kumwegurira ibyemezo byawe, imibanire yawe n'abandi, ndetse n'intego zawe. Kandi iyo ubikoze, hari igitangaza kibaho: "Umuntu wese iyo ari muri Kristo aba ari icyaremwe gishya, ibya kera biba bishize, dore byose biba bihindutse bishya." - 2 Abakorinto 5:17. Isengesho ryoroshye, rivuye ku mutima ni ryo risabwa gusa. Ushobora gusenga isengesho nk'iri nonaha: "Mana Nyagasani, nzi ko nishe amategeko yawe kandi ibyaha byanjye bikaba byarantandukanyije nawe. Nizera ko Umwana wawe Yesu yapfiriye ibyaha byanjye kandi akazuka mu bapfuye. Ndicuza by'ukuri ibyaha byanjye by’ ahashize kandi nshaka kuguhindukirira. Ndakwinginga mbabarira, mfasha kugendera mu buzima bushya, kandi ntumiye Yesu ngo abe Umwami w'ubuzima bwanjye. Mu izina rya Yesu, Amen."
Intambwe ya 5: Hamya Yesu nk'Umwami wawe mu ruhame kandi buri munsi.Â
Ubuzima bw'iteka si igikorwa kiba rimwe gusa ngo kibikwe mu isanduku y'umwuka. Ni umubano muzima ukura uko uwusangiza abandi. Bibiliya isobanura neza iyi sano iri hagati yo kwatura n'agakiza: "Niwatuza akanwa wawe yuko Yesu ari Umwami, ukizera mu mutima wawe yuko Imana yamuzuye mu bapfuye, uzakizwa. Kuko umutima ari wo umuntu yizeza akabarwaho gukiranuka, kandi umunwa akaba ari wo yatuza agakizwa." - Abaroma 10:9-10. Gukurikira Yesu bisobanura kwiyemeza kwa buri munsi kugendera mu nzira ye: "Umuntu nashaka kunkurikira yiyange, yikorere umusaraba we ankurikire." - Mariko 8:34.Â
Uru rugendo ntiruzahora rworoshye. Hazabaho gucika intege mu nzira. Ariko Yesu atanga isezerano rihumuriza kuruta ayandi yose mu Byanditswe: "Sinzagusiga na hato, kandi sinzagutererana na hato." - Abaheburayo 13:5. Nugwa, wongere uhaguruke. Nugira gushidikanya, ugaruke ku Ijambo rye. Kwizera si ibyiyumvo; ni amahitamo ya buri munsi yo kwizera Uwapfuye akazuka kugira ngo ubone kubaho iteka.
Ubuzima bwawe bw'Iteka Bushobora Gutangira Ubu
Ikiremwamuntu cyamaze imyaka ibihumbi gishakisha ukudapfa ahantu hatari ho: mu miti, mu ngendo z'ubuvumbuzi, no mu magerageza. Ariko amazi y'ubugingo amara inyota yimbitse y'ubugingo bw'umuntu yahoze aboneka ku buntu. Intambwe eshanu watera ziroroshye:Â
- Menya ikibazo cyawe, icyaha kidutandukanya n'Imana.Â
- Izere ko Yesu ashobora kugukiza kandi azagukiza.Â
- Atura kandi wihane ibyaha byawe n'umutima wicishije bugufi.Â
- Akira Yesu nk'Umwami n'Umukiza wawe bwite binyuze mu isengesho.Â
- Muhamye mu ruhame kandi umukurikire buri munsi.Â
Imana yagukunze cyane ku buryo yohereje Umwana wayo bwite ngo apfe mu cyimbo cyawe. Kristo yarapfuye kugira ngo ubeho; si ukukongereraho imyaka mike gusa, ahubwo iteka ryose. Ntukemere ko undi munsi uhita udahawe iyi mpano ihebuje.